RDC: Umukuru w’Igihugu yahagaritse ingendo z’aba Ofisiye bakuru mu ngabo na Polisi nyuma y’amakuru y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwe
Mu gihe politiki yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ikomeje kugaragaramo ubushyamirane bukomeye, Perezida Félix Tshisekedi yongeye gufata ingamba zikomeye ku basirikare n’abapolisi bakuru, ababuza gukora ingendo zose haba mu gihugu imbere no hanze yacyo.
Ibi bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’igisirikare cya RDC, ryasinyweho n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt. Gen. Banza Jules. Muri iryo tangazo, abayobozi bose bakuru mu ngabo (FARDC) n’abapolisi bakuru basabwe guhita bahagarika ingendo, bagakomeza gukora ku myanya bariho kugeza igihe irindi tegeko rishya rizasohokera. Abari mu mujyi wa Kinshasa nabo babujijwe kuwuvamo.
Ibi bibaye mu gihe hadutse amakuru akomeje gutera impungenge ku mutekano w’igihugu, nyuma y’aho hari abayobozi bakuru bakomeye bafashwe barimo uwigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo, Christian Tshiwewe, hamwe n’abandi bayobozi bakomeye mu nzego z’umutekano. Bivugwa ko bakurikiranyweho umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, ndetse no kumugirira nabi.
Hari kandi ibihuha biri kuvugwa i Kinshasa ko hari aba ofisiye bakuru bashobora kuba bari gushaka kwihuza n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), umutwe uri mu ntambara na Leta ya Tshisekedi mu burasirazuba bw’igihugu.
Izi ngamba nshya zo guhagarika ingendo zije mu gihe umutuzo wa politiki n’umutekano muri RDC ukomeje kuba ikibazo, ndetse inagaragaza uburyo ubuyobozi buri ku izamu bwitonda imbere y’icyo bwita imigambi yo guhirika ubutegetsi.
Ikinyamakuru cyacu kiracyakurikirana uko iyi ngingo izakirwa n’abayobozi b’ingabo na polisi, n’uko izagira ingaruka ku mubare munini w’abari mu myanya y’ubuyobozi mu nzego z’umutekano muri RDC.
[contact-form][contact-field label=”Name” type=”name” required=”true” /][contact-field label=”Email” type=”email” required=”true” /][contact-field label=”Website” type=”url” /][contact-field label=”Message” type=”textarea” /][/contact-form]