Israel Yishe Umunyamakuru wa Al Jazeera imushinja Kuba Umuyobozi wa Hamas
Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyishe Anas Jamal Mahmoud al-Sharif, umunyamakuru w’igitangazamakuru mpuzamahanga Al Jazeera Arabic, kimushinja ko yari umwe mu bayobozi b’itsinda rya Hamas rikora ibitero byo mu kirere n’ibisasu bya roketi.
Al-Sharif, w’imyaka 28, yahitanywe n’igitero cy’indege cyagabwe hafi y’ikigo nderabuzima cya Al-Shifa muri Gaza, ari kumwe n’abandi batatu bari kumufasha mu kazi k’itangazamakuru: Mohammed Qreiqeh, Ibrahim Zaher, na Mohammed Noufal, ndetse n’umufasha wabo Moamen Aliwa.
Umuvugizi w’ingabo za Israel yatangaje ko Anas al-Sharif yari “umuyobozi w’umutwe wihariye wa Hamas” ushinzwe imirwano yifashisha indege nto z’ubutasi n’ibisasu bya roketi, kandi ko bafite ibimenyetso birimo inyandiko, amafoto n’andi makuru y’ubutasi agaragaza ko yari mu bikorwa bya gisirikare.
Ibyo birego byahise bitera impaka zikomeye. Al Jazeera yamaganye ibyo ishinjwa, ivuga ko al-Sharif yari umunyamakuru w’umwuga, wamamaye ku murongo wa televiziyo n’imbuga nkoranyambaga kubera gutara inkuru mu bihe bikomeye.
Imiryango irengera uburenganzira bw’itangazamakuru nka Committee to Protect Journalists (CPJ) n’intumwa yihariye ya Loni ku burenganzira bwo kubona amakuru, Irene Khan, bamaganye icyemezo cya Israel, bavuga ko nta bimenyetso bifatika byashyizwe ahagaragara.
CPJ yavuze ko “guhora Israel ishinja abanyamakuru kuba abarwanyi cyangwa abakorana n’imitwe yitwaje intwaro nta gihamya gihari, bigaragaza ikibazo gikomeye ku kwihanganira itangazamakuru ryigenga.”
Ubutumwa bwa nyuma bwa al-Sharif
Mbere y’urupfu rwe, Anas al-Sharif yari amaze gushyira ubutumwa ku rubuga rwa X (Twitter) avuga ati:
“Sinigeze ntinya gutangaza ukuri uko kuri, ntagoretse cyangwa ngo mbyitwaze.”
Ibi byasaga n’ubutumwa bw’iherezo bw’umunyamakuru wari usigaye ari umwe muri bacye bari bagikora akazi k’itangazamakuru imbere mu mirwano ikomeye ya Gaza.
Impungenge ku burenganzira bw’itangazamakuru
Urupfu rwa Anas al-Sharif rwongeye kuzamura impaka ku buryo abanyamakuru barindwa cyangwa bakurikiranirwa ubuzima mu ntambara. Abashinzwe uburenganzira bwa muntu bavuga ko ibi bishobora kuba urugero rubi rwo gucecekesha bamenyamakuru binyujijwe mu kubashinja ibikorwa bya gisirikare nta bimenyetso bihamye.