Capt Umutoni Peninah Uregwa mu Rw’Abakekwaho Ibyaha bya “APR FC” Yikuye mu Rubanza Kubera Ihungabana
Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo rwatangiye kuri uyu wa 13 Kanama 2025 kuburanisha urubanza rw’abantu 29 barimo abasirikare bakuru, abakozi b’urwego rw’Igorora n’abasivili, baregwa ibyaha bijyanye no gukoresha konti ya Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) mu kugura amatike y’indege mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Muri uru rubanza, Capt Umutoni Peninah, umwe mu baregwa, yemerewe n’urukiko kuzaburana ku wundi munsi nyuma yo kugaragaza ko arwaye ihungabana yatewe no kwikubita hasi ari no mu gihe cyo kuba atwite. Ibi byabaye mbere y’uko urubanza rutangira, bikaba byahise bituma atitabira imirimo yo kuburana uyu munsi.
Mu baregwa muri iyi dosiye harimo n’abanyamakuru barimo Reagan Rugaju wa RBA, Ishimwe Ricard wa SK FM, Mucyo Antha Biganiro umunyamakuru ndetse na Mugisha “Jangwani” wahoze ari umuvugizi w’abafana ba APR FC. Harimo kandi CSP Hillary Sengabo, Umuvugizi w’Urwego rw’Igorora (RCS) rushinzwe imfungwa n’abagororwa.
Nyuma y’uko urukiko rwemeye ubusabe bwa Capt Umutoni, abandi baregwa 27 bakomeje kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Icyakora, mu kwemeza imyirondoro y’abaregwa hagaragaye kutumvikana ku makuru amwe, ndetse bamwe bagaragaza guhuzagurika.
Ku busabe bw’ubushinjacyaha, umucamanza yafashe umwanzuro ko urubanza rubera mu muhezo, ashingiye ku kuba rufite aho ruhurira n’umutekano w’igihugu.
Uru rubanza rurakomeza mu minsi iri imbere, mu gihe hakiri byinshi byitezwe kumenyekana ku byaha bivugwa ko byakozwe n’abaregwa muri dosiye izwi nka “APR FC”.