UR yakiriye ubusabe ibihumbi 16 basaba kwinjira muri Kaminuza, ariko hazakirwa 8,000 gusa
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yatangaje ko mu mwaka w’amashuri wa 2025–2026 izakira abanyeshuri bashya 8,000 mu mwaka wa mbere w’amashuri y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (undergraduate), mu gihe abatanze ubusabe bose ari 16,149.
Aya makuru yatangajwe na Dr. Uwizeye, umwe mu bayobozi muri UR, aho yasabye abakandida batari buzuza ibisabwa kwihutira gutanga inyandiko zibura kugira ngo zirusheho gusuzumwa, kuko hagenwe icyumweru kimwe ngo ibibazo by’abanyeshuri bitunganywe.
Ati: “Mwatanga inyandiko zibura kugira ngo tubashe kuzikemura. Twagennye icyumweru kimwe cyihariye cyo kwakira ibibazo n’ibyifuzo by’abanyeshuri.”
Nubwo uburyo bwo kwinjira muri kaminuza busobanutse kandi bugaragara, buri mwaka hari abakandida batishimira kutemererwa. Ni ikibazo kenshi kigarukwaho n’abayobozi b’iyi kaminuza, bagasobanura ko byose bishingira ku bushobozi bw’inzego.
Mu kiganiro Waramutse Rwanda cyatambutse kuri RBA mu myaka ibiri ishize, Umuyobozi Mukuru wa UR, Prof. Kayihura Muganga Didas, yavuze ko ubusanzwe ubushobozi bwa Kaminuza bwakagombye kuba buri hagati y’abanyeshuri 5,000 na 6,000 ku mwaka, ariko rimwe na rimwe bagahita bazamura uwo mubare ukagera ku 8,000 bitewe n’uburyo ubusabe bwiyongera.
Ati: “Dukurikije ubushobozi dufite, twakagombye kwakira hagati y’ibihumbi 5,000 na 6,000 ku mwaka. Ariko rimwe na rimwe imibare irazamuka ikagera ku 8,000 bitewe n’uko ubusabe bwiyongera.”
Dr. Uwizeye yunze mu ry’uyu muyobozi, agaragaza ko kugumana ireme ry’uburezi ari cyo kintu cy’ingenzi kurusha byose.
Ati: “Umubare w’abanyeshuri twinjiza ugomba guhuza n’ubushobozi dufite kugira ngo ireme ry’uburezi rikomeze.”
Prof. Didas yongeyeho ko Leta ibinyujije muri Kaminuza y’u Rwanda ikomeje kugaragaza ubushake bwo gufasha iyi kaminuza kongera ubushobozi bwayo, haba mu byumba by’amashuri cyangwa mu bakozi bafite ubumenyi bukenewe, kugira ngo abanyeshuri benshi bashobore kwinjira nta ngorane.
Kaminuza y’u Rwanda izatangira ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2025–2026 mu kwezi kwa Nzeri. Kuva yashyirwaho, iyi kaminuza imaze gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 72,408 mu byiciro bitandukanye, haba mu mashuri y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (undergraduate) ndetse n’ay’ikirenga (postgraduate).