Mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Ukuboza 2025, imirwano ikomeye yongeye kubura mu Majyepfo ya Kivu, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ririmo iza FARDC, iz’u Burundi n’imitwe ya Wazalendo, rigabye ibitero bikomeye ku bice bigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23.
Ibisasu biremereye byarashwe mu bice bitandukanye birimo Santere ya Katogota muri Teritwari ya Uvira na Kamanyola muri Teritwari ya Walungu. Abaturage bo muri ibyo bice bavuga ko amasasu yavuze amasaha menshi, atuma abantu benshi bahungira mu duce dutandukanye tubegereye.
Mu gusubiza, AFC/M23 na yo yarashe ibisasu bigana muri Gurupoma ya Itara–Luvungi yo muri Teritwari ya Uvira, ahantu hagenzurwa n’ingabo za Leta.
Amakuru aturuka mu karere ka Kamanyola yemeza ko umusozi wa Ngomo, uri hakurya ya santere, warashweho bikomeye bigatuma hazamuka umwotsi mwinshi w’umukara. Bivugwa ko umunara wa Vodacom ari wo wibasiwe, bituma imirongo y’itumanaho ivaho muri ako gace.
Kuva ku wa 2 Ukuboza 2025, Uvira n’uturere two mu Kibaya cya Rusizi ndetse na Walungu byakomeje kuba ah’imirwano ikaze, aho impande zombi zifashisha imbunda ziremereye zirasa kure.
Hari n’amakuru avuga ko mu rukerera rwo ku wa 4 Ukuboza, umutwe udasanzwe wa AFC/M23 wateye ikigo cy’ingabo z’u Burundi, hakicwa abasirikare benshi abandi bagafatwa mpiri. Icyo gitero cyakurikiwe no kongera gukaza ibikorwa bya AFC/M23 ku mirongo y’urugamba .
Ku wa 4 Ukuboza kandi, hari abarwanyi benshi ba AFC/M23 babonetse mu bwato bunini berekeza i Bukavu baturutse i Goma. Amakuru avuga ko bari bajyanywe kongerera ingufu bagenzi babo bari ku mirongo y’urugamba.
