Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko uri mu kababaro kadasanzwe nyuma y’urupfu rwa Magloire Paluku, wari Umujyanama ushinzwe itangazamakuru muri Komite ya Politiki. Paluku yapfiriye mu Bitaro Bikuru bya Goma ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025, nyuma yo kuraswa n’abantu kugeza ubu bataramenyekana mu gikorwa uyu mutwe usobanura nk’“ubugizi-bwanabi budashobora kwihanganirwa”.
Mu itangazo AFC/M23 yashyize ahagaragara, yavuze ko iki gikorwa “giteye isoni kandi kigaragaza ubugome bukabije”, yongeraho ko cyabaye mu masaha y’ijoro ku buryo bica amarenga ku bushake bwo kwihishahisha bw’abagikoze. Uyu mutwe wavuze ko watangiye iperereza ryihariye kugira ngo hamenyekane ababa bari inyuma y’iri hohoterwa, uwabigizemo uruhare wese akagezwa imbere y’ubutabera.
AFC/M23 yihanganishije umuryango mugari “w’abaharanira impinduramatwara” muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’abo mu muryango wa nyakwigendera, ishimangira ko Paluku yari umwe mu batangaga ubuzima bwe ku rugamba bavuga ko rugamije “ubutabera n’ubwuzuzanye mu Banyekongo”.
Mu gusoza, uyu mutwe watangaje ko uri gukomeza iperereza ryimbitse kugira ngo ukuri ku rupfu rwa Magloire Paluku kujye ahabona, kandi ntihazagire ugukurikirana gukomwa mu nkokora.