Iran ikurikirana ibyabereye muri Venezuela, yibaza niba nayo ishobora gukurikiraho mu bikorwa bya Trump
Mu gihugu cya Iran hakomeje imyigaragambyo ikomeye irwanya ubutegetsi, imaze icyumweru kirenga ikwirakwira hirya no hino mu gihugu. Abigaragambya barasaba impinduka za politiki n’ubukungu, banamagana ubuyobozi bwa Ayatollah Ali Khamenei, Umuyobozi w’ikirenga wa Iran.
Imibare itangwa n’abakurikirana iby’uyu mutekano igaragaza ko abantu barenga 30 bamaze gupfa, mu gihe abarenga 1,200 batawe muri yombi. Imyigaragambyo imaze kugera mu bice birenga 250 by’igihugu, aho abaturage bumvikana bavuga amagambo arimo “Urupfu ku munyagitugu”, bashinja ubutegetsi kwirengagiza imibereho yabo.
Mu gihe izi mvururu zari zikomeje, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yinjiye mu kibazo mu magambo akakaye. Ku wa Gatanu ushize, Trump yavuze ko Amerika yiteguye kurengera abigaragambya mu gihe bahohotewe, avuga ko igihugu cye “cyiteguye kandi cyafashe ingamba.” Ku Cyumweru, yongeye gushimangira ko Iran niyihutira kwica abaturage nk’uko byigeze kubaho, “izahura n’ingaruka zikomeye ziturutse kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”
Aya magambo aje akurikira igikorwa giherutse gukorwa n’ingabo za Amerika, aho uwari Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, yafashwe maze akajyanwa i New York kuburanishwa. Ibi byatumye Iran itangira kwibaza niba nayo ishobora kuba ku rutonde rw’ibihugu Trump ashobora kwibasira.
Umuyobozi umwe wa Iran, utarifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye Reuters ko hari impungenge mu bayobozi ba Iran ko igihugu cyabo gishobora kuba “igikorwa gikurikira muri politiki ikaze ya Trump ku mahanga.”
Izi mpungenge zishingiye no ku mateka aherutse, aho Trump yategetse ibitero ku bikorwa bya Iran bifitanye isano n’intwaro za kirimbuzi mu mwaka ushize, afasha Israel mu bitero byayo.
Hagati aho, ubukungu bwa Iran burushaho kuzahara. Ifaranga ry’igihugu ryaguye ku rwego rutigeze rubaho, izamuka ry’ibiciro rigeze kuri 42.5%, mu gihe leta yagerageje guhosha imyigaragambyo itanga inkunga y’ibiribwa ingana n’amadolari 7 ku kwezi, ikintu abasesenguzi bavuga ko kidashobora guhindura uburakari bw’abaturage.
Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko ubuyobozi bwa Iran bushobora kuba buri kwitwararika kurushaho gukoresha imbaraga, kubera kubona ko Trump atagiteshuka mu byo atangaza, kandi ko ashobora gushyira mu bikorwa ibyo atangaza.