Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafashe ubwato M/V Bella 1
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafashe ubwato bw’ubucuruzi M/V Bella 1 nyuma yo kugaragara ko bwarenze ku bihano byashyizweho na Amerika.
Ibi byemejwe n’Ubutegetsi bw’Ingabo za Amerika zikorera ku mugabane w’u Burayi (U.S. European Command), bwatangaje ko ifatwa ry’ubu bwato ryakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubutabera (Department of Justice), Minisiteri ishinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu (Department of Homeland Security) ndetse na Minisiteri y’Ingabo (Department of Defense).
Ubu bwato bwafatiwe mu Nyanja ya Atlantika ya Ruguru hashingiwe ku cyemezo cy’urukiko rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gukurikiranwa igihe kirekire n’ubwato bwa Coast Guard ya Amerika buzwi nka USCGC Munro.
Abayobozi ba Amerika bagaragaje ko M/V Bella 1 bwari buri ibikorwa binyuranyije n’amategeko ajyanye n’ibihano Amerika yashyiriyeho bamwe mu bantu cyangwa ibihugu, ariko ntibatangaje mu buryo burambuye uwo bwari bwerekeyeho cyangwa ibicuruzwa bwari butwaye.
Iri fatwa ry’ubwato ryerekana ko Amerika ikomeje gushyira imbaraga mu gukurikirana no guhana abica amategeko mpuzamahanga ajyanye n’ibihano, cyane cyane mu rwego rwo kurinda umutekano n’inyungu zayo ku nyanja mpuzamahanga.
Amerika ivuga ko izakomeza gukorana n’inzego zayo z’umutekano n’iz’ubutabera mu guhangana n’ibikorwa byose bigamije kunyereza ibihano, yaba bikorewe ku butaka, mu kirere cyangwa mu nyanja.