Kicukiro: Umusore w’imyaka 23 akurikiranyweho gusambanya inka yemeza ko yabitewe n’imiti yongera akanyabugabo
Ubushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze rwa Kicukiro buratangaza ko buri gukurikirana umusore w’imyaka 23 wakoraga akazi k’ubushumba, ukekwaho gukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa.
Ibi byabereye mu Kagari ka Muyange, Umurenge wa Kagarama, mu Karere ka Kicukiro, ku itariki ya 31 Ukuboza 2025. Amakuru aturuka mu bushinjacyaha avuga ko uwo musore yahengeraga bwije akurira ikiraro agasambanya inka yari aragiye.
Uyu musore yafatiwe mu cyuho na sebuja wari uje kureba uko amatungo ye ahagaze. Nyuma yo gufatwa, yemeye icyaha akurikiranyweho, asobanura ko yabitewe n’uko yari yanyweye imiti avuga ko yongera akanyabugabo.
Icyaha akurikiranyweho giteganywa n’Ingingo ya 142 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018, riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Iri tegeko rigaragaza ko umuntu wese ukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka umwe (1).
Ubushinjacyaha bukomeza iperereza kugira ngo hamenyekane neza uko ibyaha byakozwe n’uko amategeko azubahirizwa.