Ubutasi bwa Amerika FBI bwatangaje ko Iran yiteguye kurasa California
Urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FBI, rwaburiye inzego z’umutekano zo muri leta ya California ko igihugu cya Iran gishobora kugerageza kugaba igitero gikoresheje indege zitagira abapilote (drones) ku nkombe z’Amerika mu rwego rwo kwihorera ku bitero Amerika yagabye kuri Iran.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ry’ibanga ryasuzumwe n’ikinyamakuru ABC News, FBI yavuze ko mu ntangiriro za Gashyantare 2026 hari amakuru yerekana ko Iran yari ifite umugambi wo kugaba igitero gitunguranye hakoreshejwe drones ziturutse ku bwato butazwi buri hafi y’inkombe za Amerika, aho intego zari kuba ari ahantu hatatangajwe muri leta ya California.
Iryo tangazo rigira riti:
“Twabonye amakuru agaragaza ko mu ntangiriro za Gashyantare 2026 Iran yashakaga kugaba igitero gitunguranye ikoresheje drones ziturutse ku bwato butazwi hafi y’inkombe za Amerika, cyane cyane ku ntego zitatangajwe muri California, mu gihe Amerika yaba igabye ibitero kuri Iran.”
Icyakora FBI yavuze ko nta makuru arambuye ifite ku gihe icyo gitero cyashoboraga kubera, uburyo cyari gukorwamo, cyangwa abari kugishyira mu bikorwa.
Uyu muburo watanzwe mu gihe ubutegetsi bwa Donald Trump bwatangiye ibitero by’igisirikare kuri Iran, mu gihe Iran na yo iri gusubiza igaba ibitero bya drones ku ntego zitandukanye mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ariko umwe mu bayobozi bakuru mu nzego z’umutekano muri Amerika yavuze ko ibitero bimaze iminsi 12 bigabwa kuri Iran n’ingabo za Amerika na Israel byagabanyije cyane ubushobozi Iran yari ifite bwo kugaba igitero nk’icyo ku butaka bwa Amerika.
Ibiro bya FBI byo mu mujyi wa Los Angeles byanze kugira icyo bitangaza kuri ayo makuru.
Ku rundi ruhande, ubuyobozi bwa leta ya California buyobowe na Gavin Newsom bwatangaje ko ishami rishinzwe ibiza n’ubutabazi muri iyo leta rikomeje gukorana bya hafi n’inzego z’umutekano zo ku rwego rwa leta n’iza federal mu rwego rwo kurinda abaturage.
Ishami rya polisi rishinzwe umutekano mu karere ka Los Angeles na ryo ryatangaje ko ryashyizeho ingamba zo kongera umutekano, harimo kongera amarondo hafi y’insengero, ibigo by’umuco n’ahandi hantu hahurira abantu benshi.
Hagati aho, inzego z’ubutasi za Amerika zagaragaje impungenge ku ikoreshwa ryiyongera rya drones n’amatsinda y’abacuruza ibiyobyabwenge akorera ku mupaka wa Amerika na Mexico. Hari amakuru ataremezwa agaragaza ko bamwe mu bayobozi b’ayo matsinda bashobora kuba barigeze gutekereza kugaba ibitero bya drones bitwaye ibisasu ku basirikare ba Amerika cyangwa abashinzwe umutekano ku mupaka.
Impuguke mu by’umutekano John Cohen, wahoze ayobora ishami ry’ubutasi muri U.S. Department of Homeland Security, yavuze ko hari impungenge ko ibitero bya drones bishobora kuza biturutse ku nyanja ya Pasifika cyangwa se ku mupaka wa Mexico.
Yagize ati: “Tuzi ko Iran ifite ibikorwa byinshi muri Mexico no muri Amerika y’Epfo. Ifite umubano n’imitwe itandukanye kandi ifite drones. Ubu kandi ifite impamvu yo kugerageza kugaba ibitero.”
Yongeyeho ko kuba FBI yaratanze uwo muburo ari ingenzi kugira ngo inzego z’umutekano ku rwego rwa leta n’izo ku turere zitangire kwitegura no gufata ingamba hakiri kare.
Abasesenguzi bavuga ko inzego z’ubutasi zimaze igihe zihangayikishijwe n’uko Iran ishobora kuba yarashyize ibikoresho cyangwa ikoranabuhanga ry’intambara mu bice bitandukanye by’isi, ku butaka cyangwa ku mato ari mu nyanja, ku buryo byakoreshwa mu gihe Amerika cyangwa Israel byagaba ibitero kuri Iran. Ba uwa mbere ku makuru yacu https://whatsapp.com/channel/0029Vad5UfC89inh67apBK2j