Ingabo za RDC n’u Burundi zagabweho igitero gikomeye muri Bijombo, abasaga 36 bahasiga ubuzima
Minembwe, Kivu y’Amajyepfo — Amakuru yizewe INGANZO HUB ikesha Minembwe Capital News yabonye yemeza ko abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’aba Force de Défense Nationale du Burundi (FDNB) barenga 36 bapfiriye mu gitero gikaze cyagabwe ku Ndondo ya Bijombo, muri teritware ya Uvira, intara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ibi byabaye ku cyumweru, ubwo umutwe wa AFC/M23/MRDP–Twirwaneho wateraga ukoresheje drone yaturikanye ikibatsi cy’umuriro mu gace kazwi nko kwa Musumari, ahari hakambitse izi ngabo zombi.
Nk’uko byatangajwe n’abahatuye, mu karango kari hafi y’urusengero ruto , ni ho imirambo y’abasirikare benshi yabonetse nyuma y’igitero.
“Baterewe kwa Musumari, my gace karimo inkambi yabo. Hari n’agasengero gato iruhande yaho, ni ho FARDC n’aba FDNB baguye benshi,” nk’uko umwe mu baturage yabihamirije.
Iki gitero kibaye gikurikiranye n’ibindi byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, aho AFC/M23/MRDP yari imaze kurasa FARDC n’ingabo z’u Burundi mu duce twa Kiziba na Cyanzovu.
Mu Kiziba, imirambo 23 y’ingabo za Leta yabonetse nyuma yo kugabwaho ibitero.
Mu Cyanzovu naho byavuzwe ko habaye igitero gikaze, gitandukanye n’ahandi kuko imutwe yahanganye ku mugaragaro, aho kuba mu mitego ya “ambush” gusa.
Ibi bitero byahungabanyije bikomeye ingabo za Leta (FARDC na FDNB), zimwe zikaba zatangiye guhungira mu bice bya Bijombo centre n’abandi bagana mu nzira ya Mitamba berekeza i Uvira, aho Leta igifite uduce ikomeyeho.
Kugeza ubu, hafi ya Kivu y’Amajyepfo yose imaze kugarurwa mu maboko y’umutwe wa AFC/M23/MRDP, ugaragaza imbaraga zidasanzwe mu mirwano yo muri kariya karere.