RDC – Umujinya n’Igisa n’Urunturuntu mu Gisirikare: Umugaba Mukuru w’Ibiro by’Ingabo ku Biro bya Perezida, Jenerali Franck Ntumba, yafashwe
Inkuru yacicikanye muri aya masaha atambutse mu buryo bwa filime y’iperereza: Jenerali Franck Ntumba, wari uzwi nk’umugabo ukomeye mu butegetsi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwe ku biro bya Perezida birangajwe imbere na Cité de l’Union Africaine i Kinshasa.
Amakuru dukesha abari hafi y’uru rwego nk’uko byatangajwe na Jeune Afrique aravuga ko Jenerali Ntumba yari yahamagajwe kuri uwo munsi ngo agirane inama n’Umukuru w’Igihugu, Félix Tshisekedi. Ariko ntibyatinze, ubwo uwo mugaba mukuru wari uyoboye Maison Militaire yageraga mu biro bya perezidansi, ibintu byahise bihindura isura. Yafashwe mu buryo butaramenyekana neza, ibintu byatumye mu butegetsi no mu gisirikare hagera urunturuntu rudasanzwe.
Mu ijoro ryo ku wa kane washize ubwo yafatwaga, amakuru mashya yakomeje gutungurana: Marcel Kabeya, wari umuyobozi w’ibiro bya Ntumba, nawe yakuwe mu rugo rwe arafatwa, nk’uko bitangazwa n’abategetsi batandukanye bo mu nzego z’umutekano bavuganye na Jeune Afrique dukisha iyi nkuru.
Ntumba ni muntu ki mu nzego z’igihugu?
Uyu mugabo yagiye ku buyobozi bwa Maison Militaire mu 2020. Iyo ni serivisi ikomeye kandi ikorana mu buryo butaziguye na Perezidansi. Ntumba yari umwe mu bakozi b’ingenzi bari bafitiwe icyizere mu nzego z’igisirikare, akaba ari na we wamenyekanye nk’umuntu ufite ijambo rikomeye mu micungire ya operasiyo nyinshi z’igihugu. Ariko kandi, uburyo bwa Ntumba bwo gufata ibyemezo ndetse n’ububasha yari afite mu miyoborere y’ingabo bwatumye habaho kwikanga, ibihuha ndetse no guhangana hagati y’inzego.
Kugeza ubu, nta tangazo ryemewe ryasohotse rivuga impamvu nyakuri z’iri fungwa. Ibiro bya Perezida biracyacecetse, ndetse n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo ntiburatangaza byinshi. Gusa, abasesenguzi ba INGANZO HUB bavuga ko uru ari rumwe mu ngero zigaragaza ukuntu ubushotoranyi n’imivurungano muri politiki n’umutekano muri RDC bigenda bifata indi ntera.
Iyi dosiye iracyari mu maboko y’inzego z’umutekano, kandi amakuru akomeje gushakishwa. Ariko ibimaze kumenyekana biragaragaza neza ko ifatwa rya Jenerali Ntumba atari igikorwa gisanzwe, ahubwo ari inkuru ikomeye ishobora no guhindura byinshi mu miyoborere y’igisirikare n’ubutegetsi bw’iki gihugu.
—
Iyi nkuru tuyikesha amakuru yo mu bitangazamakuru bitandukanye arimo n’ayo Jeune Afrique yagejejweho ku mugoroba wo ku wa 17 Nyakanga.