Mu gikorwa n’ibiganiro byabereye i Doha, Lepubulika iharanira Demokarasi ya Congo yasinyanye amasezerano na AFC/M23 agamije kugarura amahoro mu burasirazuba bw’iki gihugu
Doha, Qatar – Mu rwego rwo gushaka amahoro arambye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), i Doha habereye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’ibipimo ngenderwaho (Déclaration de Principes) hagati ya Leta ya RDC n’abayobozi b’umutwe wa AFC/M23.
Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, yasobanuye ko aya masezerano ashingiye ku mahame akomeye yo kubahiriza amategeko:
Kugendera ku Itegeko Nshinga rya RDC nk’urufatiro rw’ubusugire n’ubutegetsi bw’igihugu,
Kubahiriza amasezerano-shingiro agenga Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika,
Gushyira mu bikorwa amategeko mpuzamahanga n’imyanzuro y’Inama y’Umutekano ya Loni, cyane cyane Icyemezo 2773,
Kandi kubihuza n’amasezerano ya Washington asanzwe ashyigikira inzira y’amahoro.
Iri sezerano ryashyizweho umukono ku bufasha bwihariye bwa Leta ya Qatar, igaragaza uruhare rw’iki gihugu mu gufasha ibiganiro bigamije amahoro muri Afurika yo hagati.
Patrick Muyaya yongeyeho ko iri sezerano ari intambwe ikomeye mu nzira igana ku mahoro arambye, avuga ati:
“aya masezerano agomba kubahirizwa mu buryo bukomeye. Ni intambwe y’amateka mu rugendo rwo kubaka amahoro mu gihugu cyacu.”
Iyi ntambwe y’i Doha irerekana icyizere gishya, ikaba igaragaza ko ibiganiro bishoboka kandi ko bishobora kugera ku bisubizo birambye ku bibazo bimaze igihe mu karere k’Ibiyaga Bigari.