AFC/M23 nyuma yo kuva muri Uvira yatangaje ibijyanye n’amakuru yo kuva mu bindi bice igenzura
Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko nubwo ryakuye abarwanyi baryo mu Mujyi wa Uvira, ridafite umugambi wo kuva mu bindi bice rigenzura mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iya Kivu y’Amajyepfo.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 26 Mutarama 2026, umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko amahoro n’umutekano bikomeje kuganza mu bice bigenzurwa n’iri huriro, aho abaturage bakomeje imirimo yabo ya buri munsi irimo ubuhinzi n’ubucuruzi, nta nkomyi.
Kanyuka yashimangiye ko AFC/M23 yiyemeje kurinda abaturage no kubarwanirira, avuga ko itazihanganira icyahungabanya umutekano w’abaturage mu bice ivuga ko byabohowe. Yongeyeho ko iri huriro ryiteguye guhaguruka igihe cyose abaturage barisabye ubufasha.
AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo ba nyuma mu Mujyi wa Uvira ku itariki ya 17 Mutarama 2026. Ku munsi wakurikiyeho, ingabo za Leta ya RDC zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo zinjiye muri uwo mujyi, zitangaza ko ari intsinzi ikomeye ku ruhande rwa Leta.
Nyuma yo kwinjira muri Uvira, izo ngabo zatangaje ko ziteguye gukomeza ibikorwa bya gisirikare mu bindi bice byose bigenzurwa na AFC/M23, kugeza no ku Mujyi wa Bunagana umaze igihe ugenzurwa n’iri huriro.
Icyakora, Lawrence Kanyuka yavuze ko ibyo Leta ya RDC yise intsinzi atari ko byagenze, ashimangira ko AFC/M23 yavuye i Uvira ku bushake bwayo, mu rwego rwo guha amahirwe inzira y’amahoro no kwirinda ko umujyi uhinduka indiri y’imirwano ishobora guhungabanya abasivili.
Yatangaje ko bitangaje kuba Kinshasa ivuga ko yigaruriye Uvira, nyamara izi neza ko icyatumye ingabo zayo zinjira muri uwo mujyi ari icyemezo cyafashwe na AFC/M23 cyo kuwuvamo mu mahoro.
Ku itariki ya 23 Mutarama 2026, umuvugizi w’agateganyo w’ingabo za RDC, Lt Col Mak Hazukay, yatangaje ko abarwanyi ba AFC/M23 basize bangije ibikorwaremezo by’ingenzi by’umujyi wa Uvira, birimo n’ibikoresho byifashishwa mu kubaka imihanda.
AFC/M23 yahakanye ibyo birego, ivuga ko ari ibinyoma bigamije kuyiharabika. Yavuze ko ingabo zayo zavuye muri uwo mujyi ku manywa y’ihangu, mu maso y’abaturage ndetse n’ibitangazamakuru byo mu gihugu no hanze yacyo, bityo ko nta bikorwa byo gusenya byabayeho.
Iri huriro ryagaragaje kandi impungenge ku byaha byibasira ikiremwamuntu rivuga ko bikomeje gukorerwa muri Uvira kuva aho ingabo za RDC na Wazalendo binjiriye muri uwo mujyi. Ryavuze ko hari abaturage bafatwa nabi, abandi bagatotezwa, mu gihe itumanaho rya internet ryahagaritswe ku bushake.
AFC/M23 ivuga ko guhagarika internet bigamije guhisha ibiri kubera ku butaka, isaba imiryango mpuzamahanga n’abaharanira uburenganzira bwa muntu gukurikiranira hafi ibibera mu Mujyi wa Uvira no mu bindi bice bya Kivu.