AFC/M23 Yigaruriye Uduce dushya muri Kivu y’Amajyepfo, Abaturage Barahunga
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryamaze gufata uduce dutandukanye two mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imirwano ikaze yayihuje n’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abambari bazo kuva ku wa Kane kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025.
Amakuru aturuka muri sosiyete sivili yo muri ako gace yemeza ko AFC/M23 yigaruriye ibice birimo Muramba – agace kagabanya teritware ya Walungu n’iya Shabunda – gashobora gufungura inzira yo kwagura ibirindiro muri Shabunda izwiho ubutunzi bwinshi bw’amabuye y’agaciro.
Uduce dutandukanye twaguye mu maboko ya AFC/M23 turimo Nzibira – ahari ikibuga cy’indege – Kaniola, Bwahungu, Cilumba na Muzinzi. Abaturage bavuga ko mu minsi itatu ishize bumvise urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje, bituma benshi bahungira mu bice batekanye.
Imirwano yasakiranyije AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za leta FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi n’abitwa Wazalendo yabaye mu gihe ku wa Gatanu impande zombi zari zitegerejwe mu biganiro i Doha muri Qatar, bigamije gushakira amahoro arambye mu burasirazuba bwa Congo.
Ku wa Kane, abayobozi ba AFC/M23 bari batangaje ko batazitabira ibyo biganiro, bavuga ko batigeze batumirwa ku mugaragaro kandi ko ubuyobozi bwa Kinshasa butubahiriza amasezerano baba baragezeho mu bihe byashize.
Ibi bitero bishya by’uyu mutwe byongeye gukaza umutekano muke muri Kivu y’Amajyepfo, bikaba biteye impungenge z’uko imirwano ishobora gukomereza no mu bindi bice bikungahaye ku mutungo kamere.