Burikantu yatawe muri yombi
Mu nkuru itangaje yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, Mwitende Abdoulkarim, wamamaye cyane ku izina rya Burikantu, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana abantu bitemewe n’amategeko.
Nk’uko RIB yabitangaje, uyu musore yatawe muri yombi ku wa 20 Nyakanga 2025, mu Mudugudu wa Binunga, Akagari ka Murama, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aho asanzwe atuye.
Amakuru dukesha IGIHE avuga ko Burikantu yari yakiriye abakobwa bari baje iwe kumuganiriza ku bufatanye mu biganiro byo kuri YouTube n’izindi mbuga nkoranyambaga. Nyuma y’igihe gito bari kumwe, yasabye umwe muri bo ko bajya mu cyumba bakaganira ku buryo bwo kumufasha, ariko uwo mukobwa arabyanga.
Ibyakurikiyeho ni uko Burikantu, nk’uko biri mu nkuru ya IGIHE yahise arakara afata icyemezo cyo kubafungirana mu nzu, abasaba ko kugira ngo basohoke babanza kumwishyura amafaranga avuga ko yari yabatanzeho ari yo itike ndetse n’ibicuruzwa bito nk’amafanta yari yabaguriye.
Abakobwa babuze ayo basabwa batangira gutanga make bari bafite, ariko Burikantu arayanga ahita yigendera. Icyo gihe abo bafungiranywe mu nzu bahisemo kwiyambaza Polisi, irabafungurira maze Burikantu na we ahita atabwa muri yombi.
Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yemeje aya makuru, ashimangira ko iperereza rikomeje kandi ko dosiye ya Burikantu irimo gutegurwa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu gihe cya vuba.
Itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ko gufungirana umuntu bitemewe n’amategeko bihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi.
Mu butumwa bwe, Dr. Murangira yongeye gukangurira Abaturarwanda bose kwirinda ibikorwa byo gufatira abantu mu ntege nke zabo, yongeraho ati:
“RIB iributsa abantu kwirinda icyaha nk’iki kuko ari ibikorwa bihanwa n’amategeko kandi ubikoze wese azafatwa agashyikirizwa ubutabera.”
Burikantu ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kinyinya, mu gihe iperereza rikomeje, kandi byitezwe ko mu minsi iri imbere dosiye ye izagezwa imbere y’Ubushinjacyaha kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo.
Inkuru dukesha: IGIHE