Equity Bank iri mu iperereza rikomeye ryo gufata abakekwaho kuyiba Miliyari zisaga 85Rwf
Abashinzwe iperereza bafashe abantu benshi mu rubanza rw’ubujura bw’amafaranga agera kuri Rwf85 miliyari muri Equity Bank Rwanda, nyuma y’uko hamenyekanye igikorwa cy’ubujura cyibasiye konti nyinshi hifashishijwe ikoranabuhanga rya mobile money.
Abashinzwe iperereza bavuga ko ubu bujura bwakorewe muri banki, ubwo hoherezwaga amafaranga inshuro zigera kuri 500 mu gihe kimwe. Hari abamaze gufatwa barimo abashinjwa kwakira amafaranga n’abakozi bakekwa ko bafashije mu gutuma uko kohereza amafaranga kugenda neza. Mu bafashwe hari bamwe barekuwe kubera ibimenyetso bidahagije.
Ubu bujura bw’amafaranga buje mu gihe iyi bank yari isanzwe ifite amateka y’ibibazo by’ubujura hakoreshejwe sisitemu za digital, mobile money, ndetse n’ubujura bw’imbere muri banki.
Abasesenguzi b’imari bavuga ko gukoresha mobile money inshuro nyinshi kandi mu bhryo bwihuse bishobora gutuma ubujura bukorwa mu buryo butoroshye, bigasaba amabanki gushyiraho uburyo bukomeye bwo gukurikirana amafaranga no gucunga umutekano w’ikoranabuhanga.
Iperereza rirakomeje, kandi ibisubizo byuzuye ku ngaruka n’ababigizemo uruhare biracyategerejwe. Ba uwa mbere ku makuru yacu https://whatsapp.com/channel/0029Vad5UfC89inh67apBK2j