Ibitero bya Israheli byahitanye 26, abandi barenga 100 barakomereka hafi y’ahatangirwaga inkunga muri Gaza
GAZA – Ku wa Gatandatu, amarira y’abaturage n’urusaku rw’indege byongeye kumvikana mu majyepfo ya Gaza, ubwo ibitero by’indege za Israheli byibasiraga site ebyiri zitangirwaho inkunga n’imfashanyo ziganjemo amazi imiti n’ibiryo bihabwa abaturage bugarijwe n’inzara.
Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cya Gaza gishinzwe ubutabazi n’umutekano rusange (Civil Defence Agency), ibyo bitero byahitanye abantu 26 ndetse abandi barenga 100 barakomereka, bamwe ku buryo bukomeye.
Ibisasu byaguye hafi y’amasite y’inkunga, ahari hateraniye abaturage benshi bategereje imfashanyo y’ibiribwa n’amazi. Mu kanya gato gusa, umutuzo muke wari uhari wahindutse urusaku rw’amarira n’igitutu cy’ivumbi n’ibisigazwa by’inyubako zasenyutse.
“Twari ku murongo dutegereje ibiryo, ariko twumva ibiturika bikomeye. Abantu batangiye kugwa imbere yacu,” ni ko Hamza, umwe mu barokotse, yabibwiye umunyamakuru amarira amurenze. Arakomeza ati“Nari kumwe n’umuhungu wanjye, ariko kugeza ubu sindamenya aho ari.”
Amasite y’inkunga mu majyepfo ya Gaza ni yo yari asigaye nk’icyizere ku baturage basigaye nta kintu na kimwe bafite. Ariko ibisasu byagabwe mu gihe abari ku murongo bategereje ubufasha byasize agahinda kenshi.
Umwe mu bakozi ba Croix-Rouge wagize uruhare mu gutabara abarokotse yagize ati:
“Turwana no kubasha gukiza abashoboye kurokoka, ariko ibikoresho biracyari bike. Kubona abantu bapfa bari ku murongo w’inkunga ni ibintu biteye agahinda.”
Mu gihe impunzi n’abaturage bakomeje guhungira mu majyepfo ya Gaza, imiryango itabara mu gihe cy’intambara irasaba ko ibitero bihagarikwa by’umwihariko mu duce twakira imfashanyo.
“Nta muntu ukwiye kurasirwa ku murongo w’inkunga,” ni ubutumwa bwatanzwe n’umwe mu bayobozi b’iyo miryango.
Magingo aya, abashinzwe ubutabazi baracyabarura imirambo, abandi bashakisha ababuze ababo mu bisigazwa by’inyubako. Amasite y’inkunga yagombaga kuba isoko y’icyizere yasize inkovu z’amarira, ibikomere, n’urwibutso rw’umunsi utazibagirana mu mateka y’intambara ya Gaza.
— Inkuru yanditswe na Corneille Ntaco mu buryo bwa reportage.