Nyuma y’amakuru avuga ko umuhanzi Yampano hari andi mashusho y’urukozasoni we ubwe yitangarije, yaciye amarenga ko yatandukanye n’umugore we
Mu minsi yashize, imbuga nkoranyambaga zakomeje kuvugwaho cyane inkuru y’amashusho y’urukozasoni agaragaza umuhanzi Uworizagwira Florian uzwi nka Yampano ari mu mibonano mpuzabitsina n’umugore we, amashusho yakwirakwijwe mu buryo bwihuse binavugwa ko byabangamiye ubuzima bwe bwite n’urushako rwe.
Nyuma y’ikwirakwizwa ry’ayo mashusho, Yampano yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bituma hatangira gufungwa abantu batandukanye bakekwaho kugira uruhare mu kuyasakaza.
Mu bafashwe ku ikubitiro harimo Pazzo Man, Kalisa John uzwi nka KJohn n’abandi babiri. Nyuma yaho, haje gufatwa Uzabakiriho uzwi nka Djihad ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru.
Kuri ubu, abo bantu baracyafunzwe by’agateganyo iminsi 30, uretse Kalisa John ukurikiranywe n’ubutabera ari hanze adafunze.
Hagati aho, Yampano n’umugore we baje gufata urugendo bajya mu Bubiligi. Gusa, nyuma yo kugerayo, hatangiye kuvugwa amakuru atandukanye ku mbuga nkoranyambaga n’imbere mu banyamakuru b’imyidagaduro, avuga ko umubano wabo watangiye kuzamo agatotsi ndetse ko bashobora kuba barashwanye, nubwo ayo makuru atigeze ahabwa gihamya ifatika.
Muri iyi minsi, hongeye gukwirakwira andi makuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Yampano yaba yongeye kwisakariza amashusho y’urukozasoni, aho bivugwa ko yaba agaragara ari mu mibonano mpuzabitsina n’undi mukobwa utari umugore we. Aya makuru na yo nta gihamya arabonerwa, ariko yakomeje kongera urujijo ku buzima bwe bwite.
Ni muri urwo rwego Yampano yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, ahanyuza ubutumwa burebure bwuzuyemo amagambo akomeye, agaragaza ko yanyuze mu bihe bigoye cyane, by’umwihariko abiterwa n’abantu yizeraga, abenshi yise inshuti, avuga ko bamwihindutse.
Mu gika cya mbere cy’ubwo butumwa, yagize ati:
“Warakoze mana kunyereka abantu bihinduranya nk’inzoka, inshuti zuzuye uburyarya wazegejeyo kugeza no ku rushako rwanjye, ariko nemeye ukuri niga kubyakira.”
Nubwo Yampano atigeze atangaza mu buryo bweruye ko yatandukanye n’umugore we, amagambo yakoresheje yakomeje guca amarenga ko umubano wabo ushobora kuba utari mu bihe byiza, bikaba byarakomeje gukurura impaka n’ibitekerezoMu minsi yashize, imbuga nkoranyambaga zakomeje kuvugwaho cyane n’inkuru y’amashusho y’urukozasoni agaragaza umuhanzi Uworizagwira Florian uzwi nka Yampano ari mu mibonano mpuzabitsina n’umugore we, amashusho yakwirakwijwe mu buryo bwihuse binavugwa ko byabangamiye ubuzima bwe bwite n’urushako rwe.
Nyuma y’ikwirakwizwa ry’ayo mashusho, Yampano yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bituma hatangira gufungwa abantu batandukanye bakekwaho kugira uruhare mu kuyasakaza. Mu bafashwe ku ikubitiro harimo Pazzo Man, Kalisa John uzwi nka KJohn n’abandi babiri. Nyuma yaho, haje gufatwa Uzabakiriho uzwi nka Djihad ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru. Kuri ubu, abo bantu baracyafunzwe by’agateganyo iminsi 30, uretse Kalisa John ukurikiranywe n’ubutabera ari hanze adafunze.
Hagati aho, Yampano n’umugore we baje gufata urugendo bajya mu Bubiligi. Gusa, nyuma yo kugerayo, hatangiye kuvugwa amakuru atandukanye ku mbuga nkoranyambaga n’imbere mu banyamakuru b’imyidagaduro, avuga ko umubano wabo watangiye kuzamo agatotsi ndetse ko bashobora kuba barashwanye, nubwo ayo makuru atigeze ahabwa gihamya ifatika.
Muri iyi minsi, hongeye gukwirakwira andi makuru ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Yampano yaba yongeye kwisakariza amashusho y’urukozasoni, aho bivugwa ko yaba agaragara ari mu mibonano mpuzabitsina n’undi mukobwa utari umugore we. Aya makuru na yo nta gihamya irabonerwa, ariko yakomeje kongera urujijo ku buzima bwe bwite.
Ni muri urwo rwego Yampano yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, anyuza ubutumwa burebure bwuzuyemo amagambo akomeye, agaragaza ko yanyuze mu bihe bigoye cyane, by’umwihariko abiterwa n’abantu yizeraga, abenshi yise inshuti, avuga ko bamwihindutseho.
Mu gika cya mbere cy’ubwo butumwa, yagize ati:
“Warakoze Imana kunyereka abantu bihinduranya nk’inzoka, inshuti zuzuye uburyarya wazegejeyo kugeza no ku rushako rwanjye, ariko nemeye ukuri niga kubyakira.”
Nubwo Yampano atigeze atangaza mu buryo bweruye ko yatandukanye n’umugore we, amagambo yakoresheje yakomeje guca amarenga ko umubano wabo ushobora kuba utari mu bihe byiza, bikaba byakomeje gukurura impaka n’ibitekerezo bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga.
Kugeza ubu, Yampano ubwe nta tangazo ridasubirwaho arashyira ahagaragara ku by’ukuri by’umubano we n’umugore we, mu gihe iperereza ku bijyanye n’ikwirakwizwa ry’amashusho y’urukozasoni rikomeje gukorwa n’inzego zibishinzwe.
Kugeza ubu, Yampano ubwe nta tangazo ridasubirwaho arashyira ahagaragara ku by’ukuri by’umubano we n’umugore we, mu gihe iperereza ku bijyanye n’ikwirakwizwa ry’amashusho y’urukozasoni rikomeje gukorwa n’inzego zibishinzwe.