Perezida Paul Biya w’imyaka 92 yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun ku nshuro ya munani
Perezida wa Cameroun, Paul Biya, ufite imyaka 92, yongeye gutsindira kuyobora iki gihugu, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa mbere n’Urukiko rushinzwe iby’amatora muri Cameroun (Conseil Constitutionnel). Ibi bisobanuye ko ashobora kuguma ku butegetsi kugeza hafi ku myaka 100.
Clement Atangana, Perezida w’Urukiko rushinzwe amatora, ni we watangaje ibyavuye mu matora agira ati: “Turabamenyesha ko umukandida Paul Biya ari we watorewe kuba Perezida wa Repubulika ya Cameroun.”
Paul Biya yatangiye kuyobora Cameroun mu mwaka wa 1982, akaba amaze imyaka irenga 40 ku butegetsi. Mu mwaka wa 2008, yahinduye itegeko nshinga kugira ngo akureho ingingo yageneraga umubare ntarengwa w’ibihe perezida ashobora gutorerwa kuyobora igihugu, bimuha amahirwe yo gukomeza kwiyamamaza.
Muri aya matora yo mu kwezi kw’Ukwakira 2025, Biya yahanganye cyane na Issa Tchiroma Bakary, wahoze ari umuvugizi wa Leta ndetse n’umuminisitiri w’Imirimo, waje kuva muri guverinoma akiyamamaza ku giti cye. Tchiroma yashyigikiwe n’amashyaka menshi atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta, anitabirwa n’abantu benshi mu bikorwa bye byo kwiyamamaza.
Nubwo bimeze bityo, Biya yongeye gutsinda amatora “n’uburyo bworoshye”, nk’uko byagaragajwe n’amajwi yatangajwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe amatora, bikomeza kugaragaza imbaraga n’ububasha afite mu miyoborere y’igihugu cya Cameroun.
Paul Biya, ubu ufatwa nk’umukuru w’igihugu ukiri ku butegetsi ushaje kurusha abandi ku isi, azakomeza kuyobora Cameroun mu gihe cy’imyaka irindwi iri imbere.