Perezida wa Cameroun Paul Biya yasabye Abanya-Kameruni kwiyunga abamunenga bavuga ko “amazi yarenze inkombe”
Perezida umaze igihe kirekire kuri izi nshingano wa Kameruni, Paul Biya, yasabye abaturage “kwiyunga” nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa 12 Ukwakira 2025, avugwaho uburiganya n’ubujura bw’amajwi, ariko we agatangazwa nk’uwatsinze ku buryo butavuzweho rumwe ibintu byanateje imvururu.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa X (rwahoze ari Twitter), Biya yagize ati:
> “Igihe cyo kwiyamamaza cyararangiye, ubu ni igihe cyo kwishyira hamwe.”
Ubu butumwa bwafashwe na benshi nk’igerageza ryo kugarura ituze nyuma y’amasaha n’iminsi y’imyigaragambyo ikaze, ifungwa ry’abantu benshi, ndetse n’ubwicanyi bwabaye mu gihugu hose kuva amatora yasozwa.
Ariko benshi mu banya Kameruni babufashe nk’amagambo adafite ishingiro. Abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuze ko ibyo Biya avuga ari “amagambo asanzwe y’ubutegetsi bukoresha ubwoba n’igitugu.”
Umwe mu baharanira impinduka mu gihugu yabwiye MMI News ati:
> “Ashobora ate kuvuga kwiyunga mu gihe abantu barimo gufatwa ku ngufu, abanyamakuru bafungwa, n’intara zose ziyobowe mu buryo bwa gisirikare?
Niba Biya ashaka koko ubumwe, natangire arekure imfungwa za politiki kandi yubahirize amahitamo y’abaturage.”
Ku rundi ruhande, Issa Tchiroma Bakary, watangajwe n’abatavuga rumwe na Leta nk’uwatsinze amatora wa nyawe, yanze kwemera ko Biya yatsinze, avuga ko “amatora yibwe” kandi akaburira ubutegetsi ko “kwihangana kw’abaturage gufite aho kurangirira.”
Mu gihe ubutegetsi bukomeza gukaza ingamba zo gucecekesha abayoboke b’abatavuga rumwe na bwo, ubutumwa bwa Biya bwo “kwishyira hamwe” bushobora kudafatwa nk’intambwe y’ubwiyunge, ahubwo nk’uburyo bwo gucecekesha abavuga ukuri n’abamagana akarengane.