Thomas Partey wahoze akinira Arsenl yarekuwe by’agateganyo ku byaha akurikiranyweho by’ihohotera rishingiye ku gitsina
Thomas Partey, umukinnyi mpuzamahanga w’Umunya-Ghana wahoze akinira Arsenal yo mu Bwongereza, yarekuwe by’agateganyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Kanama 2025, nyuma yo kwitaba urukiko rwa Westminster Magistrates, aho yaregwaga ibyaha bikomeye bijyanye no gusambanya ku ngufu no gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Uyu mukinnyi w’imyaka 32, uherutse gusoza amasezerano ye muri Arsenal ku wa 30 Kamena, ashinjwa ibyaha bitandatu byose hamwe: ibirego bitanu byo gusambanya ku ngufu abagore babiri, n’ikirego kimwe cyo gusambanya undi mugore ku gahato. Ibyaha byose bikekwa ko byakozwe hagati y’umwaka wa 2021 na 2022, mu gihe yari akibarizwa muri Arsenal.
Ntacyo yavuze ku byaha aregwa
Mu rukiko, Partey yagaragaye yambaye umupira w’umukara ufashe ku ijosi (zip-neck), agarara yashyize amaboko inyuma. Ntiyigeze agaragaza amarangamutima ubwo ibirego byasomerwaga mu rukiko, kandi ntiyigeze asabwa kugira icyo abivugaho (kwiregura cyangwa kwemera icyaha).
Avoka we, Jenny Wiltshire, aherutse gutangaza ko Partey ahakana yivuye inyuma ibyo aregwa byose, akavuga ko “yiteguye byimazeyo amahirwe yo kwisobanura no kwerekana ukuri imbere y’amategeko.”
Ibyemezo byafashwe n’urukiko
Urukiko rwatangaje ko Thomas Partey arekuwe by’agateganyo ariko ahabwa amabwiriza akomeye agomba kubahiriza. Muri ayo harimo kudahura cyangwa kuvugana n’abagore batatu bavugwa mu rubanza, ndetse no kumenyesha polisi igihe cyose yahindura aho atuye cyangwa igihe agiye kujya mu mahanga.
Hari amakuru avuga ko ashobora kujya gukinira ikipe ya Villarreal yo muri Espagne. Umucamanza mukuru, Paul Goldspring, yavuze ko ashingiye ku makuru bafite, “Thomas Partey atagikina cyangwa ngo akorere muri iki gihugu (u Bwongereza), ahubwo ko ari mu ikipe yo muri Espagne.”
Urubanza rwe ruteganyijwe kongera gusuzumwa ku wa 2 Nzeri 2025 mu rukiko rwa Old Bailey ruri i Londres, ruzwiho kuburanisha imanza zikomeye cyane mu Bwongereza.
Abafana ba Arsenal baramagana uko ikipe yitwaye
Nyuma y’ibyatangajwe n’urukiko, hari itsinda ryitwa Arsenal Supporters Against Sexual Violence ryamaganye uko ikipe ya Arsenal yitwaye muri iki kibazo kuva cyatangira.
Honor Barber, umuvugizi waryo, yabwiye ibiro ntaramakuru PA ati: “Ntitwigeze dushaka kujya mu mwanya wo kureba ikipe dukunda kandi twemera, ikomeje gukoresha umukinnyi uri mu manza zishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.”
Yakomeje avuga ko bakoze imyigaragambyo hafi ya buri mukino Arsenal yakiniraga mu rugo umwaka ushize, mu rwego rwo guhangana n’ugusigane kw’inzego zayo zayobotse “urukuta rwo kutagira icyo zitangaza kuri iki kibazo.”
Barber yasabye ko ikipe ya Arsenal igomba gushyira ahabona politiki yayo ku bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gusiba mu kazi igihe cyose hari umukinnyi cyangwa umukozi wayo uregwa ibijyanye n’ihohoterwa ryo ku gitsina, ndetse no gufasha abahuye n’ayo mahano mu buryo bufatika.
Ibyaranze urugendo rwa Partey muri Arsenal
Thomas Partey yageze muri Arsenal mu mwaka wa 2020 avuye muri Atlético Madrid, aguzwe miliyoni 45 z’amapawundi (angana na miliyoni 60 z’amadolari y’Amerika, mu gihe mu manyarwanda ari amafaranga asaga miliyali 86, na million 489.000.000 n’ibindi bihumbi byinshi). Muri iyi kipe y’Ubwongereza, yakinnye imikino 167, atsinda ibitego 9. Muri shampiyona iheruka gusa, yakinnye imikino 52 atsinda ibitego 4.
Ku rwego mpuzamahanga, amaze gukinira ikipe y’igihugu ya Ghana inshuro 51.
Umuvugizi wa Arsenal yabwiye itangazamakuru ko “amasezerano ya Thomas Partey yarangiye ku ya 30 Kamena, kandi kubera imiterere y’urubanza rwe ruri gukurikiranwa mu nkiko, ikipe itabashije kugira icyo itangaza kuri uru rubanza.”
Icyitonderwa: Uru rubanza ruracyari mu nzira y’ubutabera. Thomas Partey kugeza ubu ntarahamwa n’icyaha na kimwe. Amategeko yemeza ko umuntu wese aba ntacyaha yakoze kugeza igihe urukiko rubihamije ko ahamwa n’ibyo ashinjwa cyangwa se ari umwere.