U Burundi mu gihirahiro hagati y’intambara ya Tshisekedi n’inama z’abarwanyi ba M23/AFC
Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, ari mu ihurizo rikomeye rishingiye ku ntambara y’uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho yoherejeyo abasirikare barenga ibihumbi 20 bafatanya n’ingabo za Congo (FARDC) mu kurwanya umutwe w’abarwanyi wa AFC/M23.
Nubwo Ndayishimiye yakomeje kwerekana ubufatanye bwe na Perezida wa Congo Félix Tshisekedi, uko imirwano igenda irushaho gukaza umurego niko n’uruhande rwa Bujumbura rugenda rwinjira mu makuba atari yaratekerejweho, aho bamwe bavuga ko ubu u Burundi “buri kwinjira mu ntambara itazarubyarira umusaruro”.
Abarwanyi ba M23/AFC bagiriye Ndayishimiye inama yo kwisubiraho
Amakuru yizewe avuga ko muri uku kwezi kw’Ukwakira 2025, Perezida Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by’ibanga n’intumwa z’umutwe wa AFC/M23. Abo barwanyi bamuburiye ko gukomeza gukorana bya hafi na Tshisekedi bishobora gushora u Burundi mu ntambara butazatsinda.
Bagaragaje ko kuba ubuyobozi bwa FARDC bwarimukiye i Bujumbura, aho ubu icyicaro cya 33e Région Militaire gikorera, ari ikimenyetso cy’uko ubutegetsi bwa Kinshasa bwugarijwe n’ihungabana rikomeye mu burasirazuba bwa Congo.
Imirwano yatumye Goma na Bukavu bifatwa, Uvira na yo iri mu kaga
Imirwano hagati ya FARDC n’abarwanyi ba AFC/M23 yakomeje gufata indi ntera, kugeza ubwo imijyi ikomeye ya Goma na Bukavu yafashwe n’abo barwanyi. Kuri ubu, umujyi wa Uvira, ufatwa nk’umuyoboro ukomeye w’ubucuruzi hagati ya Congo na Burundi, nawo uri hafi kugwa mu maboko ya M23.
Abasesenguzi bavuga ko nibiba bityo, abarwanyi bashobora gufunga umupaka wa Gatumba–Kavimvira, uguhuza ibi bihugu byombi. Ibi byatuma Bujumbura ibura amavuta, ibicuruzwa n’ibindi bikoresho bikomoka muri Congo, bigatera ihungabana rikomeye mu bukungu bw’igihugu.
Bujumbura yahindutse icyicaro cy’intambara iyiteza umutekano muke
Kuva muri Werurwe 2025, indege z’ingabo za Congo (FARDC) ngo zagiye zikorera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga Melchior Ndadaye, aho haparitswe intwaro n’ibikoresho by’intambara. Ibyatangiranye ubufatanye mu ibanga ubu byahindutse “gusabiriza umutekano ku muturanyi”, nk’uko bamwe mu basesenguzi babivuga.
Ubu kandi hari amakuru ko bamwe mu basirikare b’u Burundi bari gutozwa n’abacanshuro b’Abanyarumaniya bakodeshejwe na Kinshasa, mu gihe abandi barwana bafatanyije n’ingabo za Congo (FARDC), inyeshyamba za Wazalendo, ndetse n’umutwe wa FDLR — ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abasirikare b’u Burundi barinda Tshisekedi i Kinshasa
Muri uku kwezi n’ubundi k’Ukwakira 2025, Ndayishimiye yohereje abasirikare barenga 200 b’abakomando i Kinshasa kurinda Perezida Tshisekedi. Ibi byakuruye impaka nyinshi mu Burundi no mu karere, aho bamwe babibona nk’igikorwa kigaragaza ko Ndayishimiye yahindutse “umusirikare wa Tshisekedi”, aho kuba umuyobozi wigenga.
Burundi hagati y’inyungu z’ubukungu n’itakara ry’ubusugire
U Burundi bwabonye inyungu zimwe mu bufatanye na Congo — harimo uburenganzira bwo kubona amabuye y’agaciro — ariko uko imirwano ikomeza gufata indi ntera, niko ibyo byiza bigenda bihinduka umutwaro. Igihe Uvira izajya mu maboko ya M23, ubukungu bwa Bujumbura bushobora gusubira inyuma cyane, ndetse bukinjira mu bihe bikomeye by’inzara n’ibura ry’ibicuruzwa.
Abasesenguzi bavuga ko igihe front za FARDC zasenywa burundu, u Burundi bushobora kwibasirwa n’urujya n’uruza rw’ingabo, inyeshyamba n’impunzi ziva muri Congo, bigahungabanya umutekano n’imibereho y’abaturage.
Ndayishimiye mu mayira abiri: gukomeza gufatanya na Tshisekedi cyangwa guhindura icyerekezo
Kuri ubu, ikibazo gikomeye si uruhande u Burundi bugomba gushyigikira gusa, ahubwo ni icyerekezo igihugu gifite mu bya dipolomasi n’umutekano.
Abantu benshi bavuga ko Perezida Ndayishimiye agomba kwibaza niba igihugu cye kigomba gukomeza kurwana intambara ya Congo cyangwa gukuramo ake karenge kugira ngo arengere amahoro n’ubukungu bw’igihugu.
Uko ibintu bihagaze ubu, icyemezo cya Perezida Ndayishimiye kizagira ingaruka ndende ku hazaza h’u Burundi. Kizagaragaza niba ashoboye gucunga neza inyungu z’igihugu cye mu karere k’intambara zidashira, cyangwa niba agiye kugwa mu mutego wo gukorera abandi mu nyungu zabo.
Ibihe biri imbere bizagaragaza niba u Burundi buzishakamo ibisubizo cyangwa niba buzaba igikoresho mu ntambara itari iyabo.