Uruganda rwa Abadan rufatwa nk’urufatiro mu gutunganya peteroli muri Iran rwatatswe n’inkongi y’umuriro, ndetse byatangajwe ko umuntu umwe amaze kuhasiga ubuzima
Inkongi y’umuriro yafashe uruganda rwa peteroli rwa Abadan kuri uyu wa gatandatu yizimijwe n’abashinzwe ubutabazi, ariko yahitanye umuntu umwe nk’uko byatangajwe n’abategetsi b’aho ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu.
Amakuru yemejwe na leta ya Iran avuga ko umuriro watangiriye mu gice cyo gutunganyirizamo peteroli muri urwo ruganda runini ruri mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’igihugu. Abashinzwe kurwanya inkongi, ingabo zishinzwe umutekano w’inganda n’abashinzwe ubuzima rusange bahise bihutira ku ruganda, bashyira imbaraga mu guhagarika iyo nkongi yagaragaraga ko ishobora guteza ibibazo bikomeye ku bukungu bw’igihugu.
Umwe mu bakozi b’uru ruganda ni we wahasize ubuzima, abandi benshi barakomereka ariko bose ubu bari mu mavuriro who bari kwitabwaho nk’uko bikwiye kandi vuba. Amashusho yatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Iran yerekanye imirongo y’icyotsi kinini n’inkongi ikomeye hejuru y’inyubako z’uruganda, mbere y’uko hose hagera amakamyo y’amazi n’imodoka zishinzwe kuzimya umuriro.
Ubuyobozi bwa Abadan Refinery bwasohoye itangazo buvuga ko “umuriro ubu wafashwe ku gakanu, nta mpungenge zikomeye zikiriho ku rwego rw’igihugu” ariko buvuga ko iperereza ririmo gukorwa kugira ngo hamenyekane icyateye iyo mpanuka.
Uruganda rwa Abadan rufatwa nk’urufatiro mu gutunganya peteroli muri Iran, rutanga amavuta y’ingenzi ku isoko ryo mu gihugu imbere no mu karere. Abategetsi basabye abaturage kuba maso, ariko banemeza ko nta mpungenge zo guhagarara kw’ibikorwa by’andi makompanyi akorana n’uru ruganda.