Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rufashe ikemezo ku rubanza ruregwamo Ingabire Victoire Umuhoza
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 18 Nyakanga 2025, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasomye urubanza rurebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Madamu Victoire Ingabire Umuhoza, umuyobozi w’ishyaka ritaremerwa mu Rwanda rizwi nka Dalfa-Umurunzi.
Nyuma yo kumva impande zombi, urukiko rwanzuye ko Ingabire akomeza kuguma muri gereza mu gihe k’iminsi 30 y’agateganyo, runavuga ko hari impamvu zumvikana zo kumufunga mu gihe iperereza rikomeje. Urukiko rwagize ruti:
> “Kubera ibimenyetso bishobora guhungabanywa, uburyo bw’ibikorwa n’uburemere bwabyo, urukiko rusanze gufungwa by’agateganyo ari ngombwa kugira ngo hakorwe iperereza ridahungabanyijwe.”
Abunganira Ingabire bari basabye ko arekurwa akaburana ari hanze, bavuga ko adashobora gutoroka ndetse ko yemera kujya yitaba ubutabera. Gusa, ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari impungenge z’uko ashobora gukomeza gukora ibikorwa bikekwa ko bihungabanya umutekano w’igihugu cyangwa gutoroka ubutabera.
Icyemezo cy’urukiko kiravuga ko Ingabire azakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, mu gihe iperereza ku byaha ashinjwa rigikomeje mbere y’uko urubanza rukomeza. Abo mu ishyaka rye bavuze ko bakomeje gukurikiranira hafi iki kibazo, kandi ko bashobora kujuririra iki cyemezo.
Victoire Ingabire, wamamaye mu Rwanda nk’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, yigeze no gufungwa mu bihe byashize ku byaha byo kugambanira igihugu no gutesha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi.