Uvira: Imirwano ikaze hagati ya FARDC na Wazalendo yahitanye ubuzima bwa benshi barapfa iki kandi bari umwe?
Amasasu yongeye kuvuga ku mupaka wa Kavimvira uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi, nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta (FARDC) n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo.
Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Congo yemeza ko abantu batandatu bamaze kugwa muri iyi mirwano, barimo umusirikare umwe wa FARDC n’abarwanyi batanu ba Wazalendo, abandi benshi bagakomereka. Igisirikare cya Congo cyatangaje kandi ko abarwanyi 14 ba Wazalendo batawe muri yombi, harimo bamwe mu bayobozi babo.
Imvano y’imirwano
Ku wa Mbere, abarwanyi ba Wazalendo bateye imodoka zari zitwaye abasirikare ba leta bari ku rugendo ubwo bari batabaye umusirikare wa FARDC, Colonel Patrick Gisore (Kigofero), wapfiriye mu mpanuka y’indege tariki ya 16 Kanama 2025. Muri icyo gitero, umusirikare umwe wa leta yahasize ubuzima naho umwe muri Wazalendo arakomereka.
Nyuma yaho, ku wa Kabiri, habaye indi mirwano ikomeye hafi y’umupaka wa Kavimvira. Wazalendo bavuga ko batewe n’ingabo za leta, mu gihe andi makuru avuga ko ari bo bagabye igitero kugira ngo bigarurire uwo mupaka uhuza Congo n’u Burundi.
Umunyamakuru Héritier Baraka Munyampfura ukorera mu Burasirazuba bwa Congo, yatangaje ko amasasu yumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, abaturage benshi b’i Uvira bahitamo kwihisha mu nzu zabo, ubuzima busanzwe mu mujyi bukaba bwahagaze.
Imiterere y’akazi k’umitwe Wazalendo
Umutwe wa Wazalendo, washyizweho na Perezida Felix Tshisekedi nk’ingabo z’abaturage zifasha FARDC, ukomeje gushinjwa na Human Rights Watch ibyaha bikomeye byibasira abasivile mu Ntara za Kivu. N’ubwo byari bizwi ko Wazalendo na FARDC bakorana, ubu birasa n’aho ubu bufatanye bwacitsemo ibice, dore ko mu bice bimwe usanga bafatanya, ahandi bakarwana.
Amakuru aturuka mu miryango yegereye ibibera mu Burasirazuba avuga ko AFC/M23 na wo uri kugana muri teritwari ya Uvira, bikaba byerekana ko inzangano muri aka gace zishobora kwiyongera.
Ikibazo gikomeye
Abasesenguzi bavuga ko imirwano iri hagati ya FARDC na Wazalendo ishobora kuba ishingiye ku makimbirane yo kugenzura imipaka n’ubucuruzi buhakorerwa, ndetse no ku nyungu z’imitwe imwe n’imwe iri kwivanga mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa Congo.
Kugeza ubu, abaturage b’i Uvira baracyari mu bwoba, imipaka ikaba iri mu maboko y’ingabo za leta, ariko umutekano ukomeje kuba muke.
Ikibazo gisigaye ni iki: Ese Wazalendo na FARDC, bari basanzwe bafatanya mu rugamba rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro, barwana kubera inyungu zihe ziri imbere?