๐๐ ๐๐๐ ๐๐๐๐๐ ๐พ๐๐๐๐ [ ๐ ๐ข๐ซ๐ฌ๐ญ ๐๐ข๐ ๐ก๐ญ ๐๐จ๐ฏ๐ ] ๐๐ฉ๐ข๐ฌ๐จ๐๐ ๐๐
Duheruka mu kigo cyacu haje umukobwa mwiza utagira uko asa, ndetse uteye amabengeza ntimukubita amaso kwihangana bikananira nkumva ubwenge buratakaye neza neza maze umutima ukantegeka kumwegera nuko nkimwegera….. reka dukomeze
Nkimara kumwegera nabuze ijambo ndaheramo musuhuza kuko umutima wendaga kumvamo rwose, najya gutangira ngo musuhuze bikanga, nahise nikuramo ubwoba nishyiramo akanyabugabo ndavuga nti nubundi ntayitinya itarungurutse kandi uko byagenda kose ngomba kuba umugabo.
Mubyukuri imyaka yanjye kuva natangira primary kugera mu wa gatanu secondaire ntabwo nari narigeze nkundana n’umukobwa numwe ndetse no ku rwego rwo hejuru natinyaga abakobwa bihambaye nari wa muntu ushobora kuba agiye guhura n’ umukobwa munzira turi twenyine nkakata nkaca ku ruhande kugirango tudahuza amaso cyangwa se akamvugisha rero kuba natinyuka uyu mwali nkagira ikintu na kimwe mubaza byari ingorabahizi rwose.
Nikuyemo ubwoba ndikoroza, nk’ ikimara kwikoroza nawe aba arahindukiye aramwenyuye akimara kumwenyura ubwenge bwose narimfite mba mbuburiye irengero ubundi isoni nikimwaro bivanze no guseka ubusa bimpuriraho mbura ikintu na kimwe namubwira mbura naho mpera mubaza amakuru.
Twese twabuze ikintu tuvuga ariwe abura ikintu avuga nanjye biba uko si njye wagiye kumva numva icyuma kiravuze twese dusubira mu ishuri.
Mana we uwo munsi nawo wambereye umunsi utangaje sinigeze niga , sinigeze ngira ikintu na kimwe nkora, nta kintu na kimwe nigeze nkora rwose ikintu cyose narindi gutekereza hahitaga haza wamukobwa nkahita mbireka byose mbese sinabina uburyoki mbatekererezamo ukuntu yarimo ansambanyiriza ubwonko muri ako kanya gato nari mumenye.
Igitangaje kandi sinarinzi nizina rye sinamenyaga ngo ava hehe, nari mubonye uwo munsi gusa , sinzi nanjye ukuntu byagenze ngo nkomeze mutekerezaho cyane.
Iminsi yakurikiyeho nta breake nimwe yarangiraga ntaciye hafi ya Class yabo ngo ndebe ko mubona nubwo byaba imboni imwe gusa.
Sasa rero ukuntu byabaga bimeze mu kigo cyacu twakundaga gutera amasiporo saa sita tuvuye kurya cyangwa muri break ya saa yine.
Abantu benshi rero bakundaga kuba bahashungereye bari kureba abantu n
bakora siporo noneho iyo umuhungu yakoraga siporo abandi zikabananira nuwe wabaga uri kuri hit mukigo hose bigatuma bahurirayo ngo barebe ko hari uzamurusha.
Uti byagendaga gute rero, ubundi umuntu yazanaga siporo hanyuma undi muntu yayikora ubwo ukaba uratsinzwe we aratsibze. Iyo wazanaga siporo rero abantu ikabananira wabaga uri shampiyona w’ikigo mu masiporo bigatuma rero buri break abanyeshuri bahurura ngo barebeko hari bugire uri buyishobore.
Njyewe saa sita nakundaga kujya gucunga uwo mukobwa cyane ko atari yagahindura indi uniform yari yambaye uniform itandukanye n’abandi kumubona byahitaga binyorohera kubona ahant ari gusa nubwo namubonaga ntakintu namuvugishaga gusa nawe twakundaga guhuza amaso akamwenyura kumutima nkavuga nti ubwo byaciyemo.
Birasekeje rero , ubwo saa sita nagiye kubona mbona wa mukobwa nawe akunda kujya aho hantu bakorera amasiporo nawe yagiye gushungera nk’ abandi bose bigaragare konawe yari amaze kubikundaga.
Umuhungu rero wabashaga gukora siporo abandi izananiye kabone nubwo we nta siporo yabaga yazana izo bazanye zose akazikora yabaga yatsinze bityo bigatuma abakobwa bose bamukunda cyane.
Kuri iyi nshuro bwo nta mukobwa numwe wo mu kigo yabashoboraga kuba yatereta ngo uwo mukobwa amukatire.
Mubyukuri umukobwa wese wo mu kigo yabaga ari uwe. Sasa rero maze kubona yuko uwo mukobwa nawe agiye muri ibyo bintu nahise mvuga nti: ” nanjye ngomba kwigaragaza kabisa nkabatsinda ”
Sha mubuzima bwanjye uretse nyine za siporo abana bajya bakora zo gushinga umutwe ugacuramisha amaguru nta yindi siporo nari narigeze ngerageza numunsi numwe ngo ndebe ko nanayishobora nibura gusa nkimara kubona ko uwo mukobwa ashishikajwe na siporo nahise numva mu mutima wanjye ngomba gushobora umugani wa ya mvugo bavuga ngo tinyuka urashoboye.
Nahise ngenda ngerageza gusesera ngo ngere imbere cyane tnari muremure cyane cyangwa umbe mu bagufi cyane nari mu rugero.
Nageze imbere nsanga harimo abatipe babiri bakundaga kurushanwa cyane kuko nibo babaga barenze kurusha abandi uwo nibuka bamwitaga Damour iyo yabaga yakoze siporo abandi bose bari bari aho ngaho ntawapfaga kutishobora.
Siporo yari yarazanye yari imaze hafi nk icyumweru n’igice yarananiranye nta muntu numwe wabashije kuyishobora, njye narahageze ndahagarara ndabanza nditegereza ndeba ukuntu ayikora, uburyo abanza amaboko, uburyo ajyana amaguru, ukuntu amaguru yaya kontororaga ndavuga nti byanga byakunda aha ngaha ngomba kwigaragaza.
Kuri iyi nshuro bari barashyizeho intego y uko nibura umuntu uzabasha gukora iyo siporo bazamuha amafaranga ibihumbi bibiri, hari hamaze gushira icyumweru n’igice rero nta muntu numwe urayatsindira.
Gusa amafaranga njyewe siyo yarandaje inshinga icyari kinyirarije inshinga ni ukwegukana umutima w’ umwari utagira uko asa binyuze mu masiporo.
Ubwo nahise manika agatoki ndavuga nti ariko ni kuberiki mwiyemera? Ubwo ako gasiporo koroshye gutyo niko kabananiye koko? Ni mwigireyo nze mbereke ( nabivuganye ubwishongozi bivanze n’ ubwirasi bwahatari)
Ubwo abantu bose bahise bashungera abandi batangira gufana abandi bati uyu numbwa ntiyayishobora batangira no gusheta ahubwo hagati yabo
Abandi bati umuntu utazi no gutera ikimbere se arashobora ino siporo ntabwo?
Icyari gisigaye kwari ukuza nkaca impaka sasa, ntabwo byari byoroshye ariko burya icyo umugabo ashaka aruhuka akigezeho kandi bisaba kwiyemeza bikazira ndanze.
Nariyemeje koko bwa mbere nkibikora siporo nahise nyishobora induruziravuga, abanterura abashese ariko basubiranamo, nanjye ibihumbi bibiri mba m itsindiye gutyo.
Narebye wa mukobwa mbona yamwenyuye nanjye ku mutima ndavuga nti lmana ishimwe nkoze ibyananiranye.
Guhera uwo munsi kugeza n’ indi minsi yagiye ikurikiraho mbere yuko mvugana nuwo mukobwa.
Nakundaga kujyayo abatipe barimo ba Damour byarababaje cyane birabarakaza kuko bari bazi amasiporo barize nibintu bigendanye n’amakungufu ndetse n’amakarate mbese nibo bari bayoboye mu kigo.
Gusa nanjye ntabwo nzi ukuntu byagendaga iyo bazanaga sport narabanzaga nkitonda nkitegereza neza ukuntu bari kubigenza nkareba impande zose , ukuntu batwara akaguru, akaboko, ukuntu umutwe bawuhengeka ubwo nanjye bigahita binzamo target mfite ni yayindi ni wa mukobwa kugeza niyo isaha ntaranavugisha.
Uko bageragezaga rero kuzana amasiporo akomeye niko barushagaho kunshyira hit kuko agasiporo kose bazanaga nabigenzaga nkuko nguko kubera udu confidence rero twuko nuwo mukobwa yabaga ari kundeba navangagamo n’ utumannyeri twa danger nkahita nkakora nkaho ahubwo ari njye wakazanye cyangwa wakwiremeye.
Ntibyatinze rero iminsi yakomeje kwicuma ari nako nanjye ndushaho kubatsinda bamaze kubona rero yuko ku masiporo yo hasi no hejuru mbarenze kandi mbikora neza kubarusha bahise batangira kwiga izindi tekinike zo gusimbuka.
Hari icyobo kirekire imbere neza ya ahantu twakoreraga amasiporo cyari gifite nka metero eshatu mubujyakuzimu, mu buhagarike ngifite metero enye noneho mu bugari gifite metero nacyo eshatu rero batangiye gusimbuka mu burebure aho basimbukaga metero zigera muri eshanu.
Noneho ubwo umuntu wagisimbukaga yabaga nyine ari mu bayoboye abantu bose bagerageje gusimbuka icyo cyobo baguyemo uko bagwamo induru zikavuga abantu bose bagahurura , sasa rero nanjye naje gucunga wa mukobwa adahari ndavuga nti reka nsimbuke ninagwamo ntagwamo andeba.
Nacunze abantu bose bashungereye nanjye mba nihaye umwitangirizwa nko muri metero nk’icumi ubundi nturuka hirya iyo nafatiyeho mba ndasimbutse.
Nkisimbuka ngo ngeremo hagati rero nahise ngira ubwoba mpita ndekera gusimbuka gusa ntacyo byari gutanga kuko nari namaze gusimbuka.
Mana yanjye we ibyakurikiyeho ntiwabyumva Tayali nahise nisanga mu cyobo induru ziravuga ntiwareba ngo arapfuye arapfuye ni mutabare.
Sinzi ukuntu byagenze nabayeho nkukebuka hejuru iyo mbona wa mukobwa nawe aje yirukanka aje kureba undi uguyemo ( ubundi mukigo cyacu akaruru gato gusa barahururaga ngo ngwino urore)
Nahise nturumbukamo nirukanka mba mvuyemo mvuyemo nanjye nahise mvuza induru nti arapfuye nimutabare nimutabare yewe mbarusha n’ urusaku ahubwo.
Amasaha yaricumye ndetse bizakugera aho ngaho wa mukobwa ahari cya cyobo nza kugisimbuka aba ari njyewe umuntu ubashije nanone kwegukana gusimbuka icyo cyobo.
Iminsi yakomeje kwicuma ndetse ndavuga nti ibi ntabyo mfata umwanzuro wo kuza kwegera uwo mukobwa ngo nibura mubaze nuko yitwa.
Kuwa gatatu twebwe twakundaga gusenga nacunze rero dutashye nubwo twese twahaga twirukanka kubera gutinda rimwe na rimwe tugisohoka mu rusengero nahise mufata akaboko ndamubwira nti umeze gute?
Nawe rero mukumwenyura kwinshi bivanye nuduseko aramubwira ati: meze neza ndamubwira nti: ” ese byashoboka yuko twazamukana tuganira ”
Nawe aransubiza ati: ” nta kibazo ndabyemeye”
Ubwo nahise numva nta kindi kintu nsigaje ibyishimo byahise bindenga mpita nirukanka nanamusiga aho ngaho nagiye mu ishuri mfata amakaye nawe nzamutse nsanga yantegerereje hafi n’umuryango w’ishuri ryabo.
Akimbona nzamutse ubwo nawe ahita azamuka twese duhurira mu marembo hagati atangira kuzamuka nanjye ndamukurikira maze ndamubwira nti: ” njyewe nitwa shimwe william, wowe se witwa nde ” nawe ahita ambwira ati: ” nanjye nitwa UMWIZA Divine…………….Loading Part 6
โข Wamukobwa burya yitwa Divine weeee burya ari namwiza rwose.
โข Uyu mushinga se ndawuvamo bahu?
โข Nansha amazi se ndabyitwaramo gute mwokabyaramwe ko nitinyira nabakobwa mubuzima busanzwe
Nibwo kagitangira byinshi byiza biri imbere.
Nkwibutse ko niba ukunda gusoma inkuru ndende ndetse ukaba ukunda amakuru yizewe kandi agezweho ndetse ubonera kugihe wishidikanya kudukurukira. Wadukurikira ugiye kuri browser yose ukandikamo ” www.inganzohub.com ” , wadukurikira kandi ku rukuta rwa Facebook ni ” inganzohub “. Si aho gusa kandi wadukurikira no kuri WhatsApp dufite Chanel nayo ni ” inganzohub” Ntiwibagirwe gusiga igitekerezo cyawe no gusangiza inshuti zawe uzi zikunda gusoma zitazacikwa ikintu nakimwe dore ko ari ukuva mubwiza tujya mubundi. Mugire amahoro ndabakunda cyane njyewe dusubire mu gice kizakurikiraho.
๐๐๐ ๐น๐โ๐๐ธ, ๐๐๐ ๐น๐โ๐๐โ๐ธ.