Abagororwa bashyiriweho uburyo bwo kohererezwa amafaranga hatabayeho kuyabashyira
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rwatangaje ko rwamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bugamije koroshya uko Abanyarwanda n’imiryango y’abagororwa boherereza ababo amafaranga, mu rwego rwo kunoza serivisi zitangirwa mu magororero no kugabanya imbogamizi zari zisanzweho.
Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa RCS, CSP Sengabo H., rivuga ko guhera ku wa 22 Werurwe 2026, kohereza amafaranga ku bagororwa bizajya bikorwa hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwizewe kandi bworohereza buri muturage wese.
Nk’uko iryo tangazo ribisobanura, umuntu wifuza koherereza umugororwa amafaranga ashobora kubikora anyuze ku rubuga rwa interineti rwa www.ehuza.rw, aho asabwa kuzuza amakuru akenewe ubundi agahita yohereza amafaranga mu buryo bwizewe kandi bwihuse.
Si ibyo gusa kandi; hashyizweho n’uburyo bwo gukoresha telefoni igendanwa budasaba interineti, aho uwifuza kohereza amafaranga akanda *920#, agakurikiriza amabwiriza agaragara kuri telefoni ye kugeza igikorwa kirangiye.
RCS ivuga ko iri koranabuhanga rigamije koroshya imikoranire hagati y’abagororwa n’imiryango yabo, kunoza imicungire y’amafaranga agera ku bagororwa, no guteza imbere serivisi zo mu magororero binyuze mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho.
Abaturage basabwe kwitabira gukoresha ubu buryo bushya, kuko bwihuse, bwizewe kandi bugabanya ingendo, imirongo n’umwanya byatwaraga abajyaga kohereza amafaranga mu buryo busanzwe.
Ubuyobozi bwa RCS bwemeza ko gukomeza kuvugurura serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga ari imwe mu ntego zo kurushaho gutanga serivisi nziza, zinoze kandi zigerwaho na bose. Ba Uwa mbere ku makuru yacu https://whatsapp.com/channel/0029Vad5UfC89inh67apBK2j