Uwiyitaga ‘Yesu’ mu Burusiya Yakatiwe Gufungwa Imyaka 12 Azira Guhohotera Abayoboke b’Idini Rye
Mosco – Uburusiya
Sergey Torop, wahoze ari umupolisi mu gihugu cy’u Burusiya akaba azwi cyane ku izina rya Vissarion, yakatiwe n’urukiko rwo muri icyo gihugu gufungwa imyaka 12 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo guhohotera abayoboke b’idini rye yashinze akaryita “Idini ry’Isezerano rya nyuma” (Last Testament Church).
Torop, wavutse mu 1961, yatangiye kwamamara mu mwaka wa 1991 ubwo yatangazaga ko ari “Yesu Kristo wagarutse ku isi”, asaba abamwemera kwitandukanya n’ubuzima busanzwe bw’isi no kumukurikira nk’umukiza. Yabashyiriyeho amategeko akomeye arimo kwirinda inyama, kwanga ibisindisha, kutagira amafaranga, no gutura mu gace k’ishyamba rya Siberia mu burasirazuba bw’igihugu.
Mu mwaka wa 2020, inzego z’umutekano zataye muri yombi Torop hamwe n’abandi bayobozi b’idini rye, bashinjwa ibikorwa bikomeye byo guhohotera abayoboke babo, harimo kubakoresha imirimo y’agahato, kubambura umutungo, no kubatera ubwoba babinyujije mu nyigisho z’amategeko akakaye n’ibihano by’umubiri.
Urukiko rwemeje ko Torop n’abandi bafatanyabikorwa be babangamiye uburenganzira bw’ababemera, binyuranyije n’amategeko arengera ikiremwamuntu. Abatangabuhamya mu rukiko bagaragaje ubuzima bubi babayemo, imirimo ivunanye badahabwa ibihembo, n’uburyo bategekwaga gukurikiza amategeko akakaye y’idini batabanje kubigiramo ubushake bwuzuye.
Torop, wafatwaga nk’icyamamare mu miyoborere y’amatsinda y’amadini atandukanye ku isi, yahakanye ibyaha byose aregwa, avuga ko ibikorwa bye byose byashingiye ku rukundo n’icyizere, ndetse ko ibyo yakoraga byari bigamije kubaka umuryango uhamye uzira ibyaha byo mu isi.
Nubwo bimeze bityo, urukiko rw’u Burusiya rwemeje ko ibyo bikorwa bidahesha agaciro ihame ry’amategeko kandi bigomba guhanwa. Torop yakatiwe gufungwa imyaka 12 mu kigo cy’igorora gifite uburyo bukomeye bwo kurinda imfungwa.
Abasesenguzi bavuga ko uru rubanza rushobora kugira ingaruka ku matsinda y’amadini adafite imizi mu nzego zemewe, cyane cyane iyo bigaragaye ko ashobora kuba akoresha imyizerere mu buryo bugamije inyungu bwite n’ihohoterwa.