FARDC yaremye igisa nk’umupaka hagati ya Bukavu na Uvira
Discover more from INGANZO HUB
Subscribe to get the latest posts sent to your email.
Nk’uko abatwara abagenzi bakoresha iki gice cy’umuhanda w’igihugu nimero ya 5 babitangaza, imodoka zahagarikiwe ahitwa Nganganiro muri Luvungi.
Amakuru agera kuri mediacongo.net avuga ko, abasirikare ba FARDC babujije kugera mu gice bayobora imodoka iyo ari yo yose ituruka mu karere kayobowe n’inyeshyamba za AFC/M23.
Aba bashoferi bahatiwe gusubira i Kamanyola, maze abagenda bava Uvira berekeza Bukavu bategekwa gusubira inyuma.
Muri rusange ariko, ituze rikomeje kugaragara mu kibaya cya Ruzizi nk’uko abaturage baho babitangaza.
Iyi nkuru yibutsa ko ikumirwa ry’imodoka hagati y’iyi mijyi yombi rije nyuma y’iminsi mike inyeshyamba za M23 zivuye i Sange, Katogota, na Luberizi mu kibaya cya Ruzizi. Ba uwa mbere ku makuru yacu https://whatsapp.com/channel/0029Vad5UfC89inh67apBK2j
Subscribe to get the latest posts sent to your email.
Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.