Imyaka irenga ine irashize u Rwanda na Uganda bisubukuye umubano mwiza nyuma y’umwuka mubi waranze ibihugu byombi, ndetse bigatuma mu 2019 u Rwanda rufata icyemezo cyo gufunga umupaka wa Gatuna uruhuza n’iki gihugu cyo mu majyaruguru yarwo.
Kuzahuka k’uyu mubano kwaturutse ahanini ku ruzinduko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi, yagiriye mu Rwanda, agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame.
Uruhare rwa Gen Muhoozi mu kongera kubanisha ibihugu byombi rushimangirwa na Dr Adonia Ayebare, uri mu badipolomate bakomeye ba Uganda.
Dr Ayebare ni umwe mu bantu bazi neza umubano w’ibi bihugu byombi, cyane ko yabaye Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, aba intumwa yihariye ya Museveni i Kigali mu gihe hari umwuka mubi, ndetse by’umwihariko afite inkomoko mu bihugu byombi kuko se ari Umunya-Uganda, nyina akaba Umunyarwandakazi.
Mu kiganiro The Long Form Podcast, Dr Ayebare yahuriyemo na Sanny Ntayombya, yagarutse ku mateka ya Uganda n’u Rwanda ndetse n’intandaro y’umwuka mubi wagiye uba hagati y’ibihugu byombi mu bihe bitandukanye.
Dr Ayebare yavuze ko ibibazo byagiye biba hagati y’u Rwanda na Uganda byagiye biterwa n’uko hari abayobozi bakomeye muri Uganda batumvise ko u Rwanda ari igihugu cyigenga, cyane ko bumvaga ko abaruyoboye ari abantu bakuriye muri Uganda, ku buryo hari na bamwe barufataga nk’intara y’iki gihugu.
Ibi ngo byarakomeje kugeza mu 2019 ubwo u Rwanda rwafataga icyemezo cyo gufunga umupaka uruhuza na Uganda.
Ati “Abantu noneho baje kubona ko u Rwanda ari igihugu gishobora kwifatira imyanzuro uko yaba idashimishije kose ku ruhande rwa Uganda, kandi twagombaga kwitwara mu buryo bugamije gutega amatwi, gushaka impamvu no kuzikemura […] Nizera ko twize amasomo atasubirwamo.”
Dr Ayebare yabajijwe impamvu ibintu byari byarananiranye kandi mu bihe bitandukanye Perezida Paul Kagame yaragiye agaragaza mu buryo budaca ku ruhande ikibazo u Rwanda rufitanye na Uganda.
Yavuze ko kimwe mu bintu byazambije umubano ari ugushaka gutwara ibintu mu buryo butagendeye ku mategeko, ahubwo abantu bagashakara kubitwara mu buryo bw’uko baziranye.
Ati “Ntekereza ko ikibazo cyari ugukora ibintu mu buryo buri aho budakurikije amabwiriza, ku buryo byari byarageze ku rwego rubi nubwo ubutumwa bwaba busobanutse, ukavuga uti ‘Aaah! Tuzabavugisha ni inshuti zacu, tuzabavugisha’. Ikintu cy’uburakari kikagenda cyiyubaka, ntekereza ko iryo ari isomo twigiye muri iki kibazo cyo gufunga umupaka cyabaye mu 2019[…] Ntabwo ukwiriye gukoresha uburyo butaboneye mu kuyobora ibihugu, mugomba kugira inzego zikorana, mugomba kugira inzira ibiganiro binyuzwamo kandi zizewe.”
Yakomeje avuga ko icyakomeje ikibazo ari amateka y’ubuvandimwe u Rwanda na Uganda bifitanye.
Ati “Ntekereza ko ikibazo cy’ubuvandimwe nacyo cyajemo, ntekereza ko iyo abavandimwe barwanye biba bigoranye kurusha abantu bataziranye ariko twageze ku rwego noneho aho duhinduka abavandimwe bakuze, ariko ndashimira abayobozi bacu, Perezida Museveni na Perezida Kagame, byashoboraga kuba bibi kirushaho.”
Nk’umuntu wari uzi neza imiterere y’ikibazo, Dr Ayebare yabajijwe niba byarashoboka ko u Rwanda na Uganda bishobora kwinjira mu ntambara yeruye y’amasasu. Yavuze ko iyi ntambara yashobokaga, kuko inzira za dipolomasi zari zimaze kunanirana.
Ati “Byarashobokaga (ko habaho intambara yo kurasana) kandi byatumaga ndara ntasinziriye, ndetse twashoboraga kugera ahantu ibintu bitagifite igaruriro, ku buryo njye nawe twashoboraga kuba tuticaye hano […] turetse na guverinoma, abantu bari gusubira inyuma mu myaka ibarirwa mu binyacumi. Ibyo twarabyirinze.”
Yakomeje avuga ko hagati ya Perezida Kagame na Museveni nta n’umwe wifuzaga iyi ntambara, ahubwo ko yari guterwa n’abakora mu nzego z’ubutasi rimwe na rimwe bashoboraga gutanga amakuru atari impamo, cyangwa ntibasobanure neza imiterere y’ibyo bavuga cyangwa babonye.
Dr Ayebare yavuze ko icyizere cyo kongera kuzahuza k’umubano w’u Rwanda na Uganda cyagarutse ubwo Gen Muhoozi yinjiraga mu kibazo.
Ati “Namaze imyaka myinshi nkora kuri iki kibazo ariko nakubwira ko kugeza igihe Umugaba Mukuru w’Ingabo zacu uriho ubu yabyinjiragamo, ari bwo byafashe umurongo. Inzira za dipolomasi zari zaramaze gupfa kubera kutitwara neza mu gukemura aya makimbirane. Twari dukeneye umuntu uza agatekereza byagutse, yumvaga neza inyungu ndetse n’akamaro k’umubano w’u Rwanda na Uganda, urujya n’uruza hagati y’abantu ndetse n’amateka.”
Uretse kuba Gen Muhoozi azi neza amateka y’ibihugu byombi n’inyungu ziri mu mubano bifitanye, Dr Ayebare ashimangira ko ikindi cyamufashije ari umwanya afite mu Ngabo za Uganda, kuba umuhungu wa Perezida Museveni ndetse n’inshuti ya Perezida Kagame.
Ati “Yagize n’amahirwe yihariye yo kuba uwo ari we, kuba Umuyobozi w’ingabo, umuhungu wa Perezida, ariko n’umubano wa hafi afitanye na Perezida Kagame, kandi uwo mwanya yawukoresheje neza mu kongera gufungura umubano hagati y’ibihugu bibiri kandi mu gihe gito.”
“Yabyinjiyemo mu 2019, mu gihe cy’ibyumweru bibiri asura Perezida Kagame, ubundi umupaka urafungurwa.”
Uruzinduko rwashibutsemo icyemezo cyo gufungura umupaka ni urwo Gen Muhoozi yagiriye mu Rwanda ku wa 22 Mutarama 2022.
Dr Ayebare yabajijwe niba nta mpungenge zari zihari ko Gen Muhoozi ashobora kugirira ibibazo by’umutekano muke i Kigali, ashimangira ko zari zihari.
Ati “Hari impungenge z’umutekano we, ariko ibyo byashoboraga kuganirwaho, hakemeranywa ku buryo azacungirwa umutekano. Ariko kuri we izo mpungenge ntazo yari afite.”
Yavuze ko impamvu Gen Muhoozi atari afite impungenge ku mutekano we ari uko yari yizewe nk’umuhuza n’impande zombi.
Icyizere Perezida Kagame yagiriye Gen Muhoozi, Dr Ayebare ashimangira ko cyakomotse ku kuba yari amuzi ari umwana muto.
Ati “Kubera ko yari amaze igihe kinini amuzi, akiri umuhungu muto ndetse anabyiruka, kandi Muhoozi yagiye avugira mu ruhame ko amufata nk’intwari.”
Dr Ayebare yavuze ko icyemezo cya Gen Muhoozi cyo kwinjira muri iki kibazo cyaturutse ku kuba yari amaze igihe kinini adashimishwa n’ibibazo byari biriho.
Discover more from INGANZO HUB
Subscribe to get the latest posts sent to your email.