Minembwe: Drones zibasiye ibice bituwe mu gihe wazalendo iri kwihorera aho M23 yavuye
Discover more from INGANZO HUB
Subscribe to get the latest posts sent to your email.
Uturere dutuwe cyane twa Gakenke na Bidegu twibasiwe n’ibisasu byatewe hakoreshejwe drone ya kamikaze, bituma abantu bahasiga ubuzima ndetse abasivili benshi bahatirwa guhunga.
Byongeye kandi, guhiga abantu byateguwe n’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa n’abafatanyabikorwa, cyane cyane inyeshyamba za wazalendo birakomeje muri Sange no mu nkengero zaho mu buryo bw’ubunyamaswa kandi nta guhanwa.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ihuriro AFC/M23 rigaragaza bimwe muri ibyo bikorwa bya kinyamanswa biri gukorerwa abaturage muri icyo gice baherutse kuvamo.
1. Abantu batatu bishwe bunyamaswa muri Sange;
2. Abarwanyi babiri ba Wazalendo baricanye, abandi barindwi barakomereka;
3. Umuyobozi w’umudugudu wa Kigurwe yashimuswe kandi akomeje kubura;
4. Inzu y’umuyobozi w’agace ka Kinanira II yasenywe burundu;
5. Amaduka menshi n’ubucuruzi byasahuwe mu buryo bwateguwe.
AFC/M23 ivuga ko ibi byaha bibi, ubwicanyi bwibasira abantu runaka n’ibikorwa by’iterabwoba biri gukorwa abantu bose bareba, Umuryango Mpuzamahanga ucecetse ntacyo ukora ahubwo ubutegetsi bwa Kinshasa bukawihisha inyuma mu guhishira ibyaha ukora.
Subscribe to get the latest posts sent to your email.
Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.